Uganda yirukanye Abanyarwanda 47

2021-10-25 08:43:19

Abo banyarwanda barimo abagabo 29, abagore icyenda n’abana icyenda. Bose bashinjwa ko binjiye muri Uganda mu buryo bunyuranyije n’amategeko nubwo kuva mu 2017 kimwe n’abandi bagiye bashinjwa icyo cyaha babaga bafite ibyangombwa bibemerera kuba muri Uganda.

Ubwo bageraga i Kagitumba, bapimwe Covid-19 mbere y’uko bajyanwa n’inzego z’u Rwanda mu duce baturukamo.

Mu cyumweru gishize, Uganda yari yataye muri yombi abanyarwanda babiri ibashinja kuba muri Uganda mu buryo bunyuranyije n’amategeko mu gihe bari basanzwe bafite ibyangombwa bibibemerera nk’abanyeshuri ba Kaminuza.

Ibihumbi by’abanyanyarwanda bamaze kwirukanwa muri Uganda mu myaka ine ishize, abo ni abagize amahirwe ntibafungwe bitwa intasi cyangwa ngo bakorerwe iyicarubozo.

Kuva umwuka mubi watangira hagati y’ibihugu byombi, u Rwanda rwakunze kugaragariza Uganda ko abaturage barwo bahohoterwa, gusa nta kintu na kimwe cyigeze gikorwa kuri izo mpungenge.

Ibiganiro byo gusubiza ibintu mu mujyo bigiye kumara imyaka itatu nta musaruro biratanga.

Abanyarwanda birukanywe muri Uganda barimo n’abana


Umucyo Radio is the first Christian radio station in Rwanda. We fully broadcast Gospel since 2005 up to now. We have seen too many lives changing through the Radio preaching. We thank God for what he is doing within us.

CONTACT US
Office Adrress

T2000 4th Floor, KN 82 St, Kigali

Email Adrress

radioumucyo@gmail.com

Phone Numers

Office No : +(250) 788405824